Thursday, 10 March 2016

Muganga yagaragaje amasaha meza yo kujya mu bwiherero

Uramutse ubajije abantu batandukanye amasaha meza yo kujya mu bwiherero bashobora kukubwira ibihe bitandukanye, umuganga ariko yabashije kwerekana igihe nyacyo umuntu aba akwiye kujya mu bwiherero.
Umuganga witwa Dr. Kenneth Koch yavuze ko igihe cyiza cyo kujya mu bwiherero ari mu gitondo umuntu akibyuka.
Urubuga Elcrema rwanditse ko impamvu Koch yemeza ko kujya mu bwiherero ukibyuka ari byo byiza, ngo ni uko amara aba yaraye akora igihe usinziriye ku buryo bigera mu gitondo yiteguye kurekura ibyo umubiri udakeneye.
Ibi kandi ngo birushaho kuba byiza iyo ubigize akamenyero, akaba aribyo ubanza gukora buri gitondo uko ubyutse.

No comments:

Post a Comment