Tuesday, 15 March 2016

Minisante:Indwara y’Ibicurane ihangayikishije u Rwanda n’isi yose muri rusange

Ministeri y’ubuzima iravuga ko hakenewe ubushakashatsi buzerekana imibare y’abandura indwara y’ibicurane.
Ministeri y’ubuzima iravuga ko hakenewe ubushakashatsi buzerekana imibare y’abandura indwara y’ibicurane.
Iyi ministeri igaragaza ko ibicurane ari indwara iri mu bihugu byo ku mugabane w’africa ndetse no mu Rwanda n’ubwo nta bushakashatsi  bwigeze bukorwa.
 DSC00289
Bamwe mu mpuguke zitabiriye inama
Kuri uyu wa gatatu I Kigali hateraniye inama yiga ku buryo bwo guhangana n’indwara y’ibicurane yo ku rwego rw’africa.
Ministiri w’ubuzima w’u Rwanda Dr Agnes Binagwaho avuga ko hakenewe kumenya uko iyi ndwara imeze mu gihugu kugira ngo hashyirweho politiki n’imirongo ngenderwaho yo kuyikumira.
Yagize ati”ibyo bicurane birica nubwo muri aka karere kacu itaraba ikibazo gikomeye, ufite ibyo bicurane rero agomba kwirinda kujya mu ruhame cyangwa akaguma iwe akivuza kugira ngo atanduza abandi, byaba ngombwa ko ujya mu ruhame akipfuka.”
Abahagarariye inzego z’ubuzima ku mugabane w’africa barahuriza ku kuba bakira umubare munini w’abarwaye ibicurane

Ministiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho yavuze ko hakenewe kumenya uko igihugu cyugarijwe binyuze mu bushakashatsi, ati”ntabwo twemerewe gukora politiki, ingamba n’imirongo migari tudafite ibihamya. Ibyo bihamya biva mu bushakashatsi ari nayo mpamvu dukeneye kugira iyo mibare. Dukeneye gukusanya imibare bitari inshuro imwe, ahubwo bigakorwa ku buryo buhoraho kandi tukabisesengura tugamije kurinda ubuzima bw’abaturage no kureba aho tugeze mu ruhando rw’ibindi bihugu”.
Dr Jose Nyamusore Umuyobozi ushinzwe ishami ryo kurwanya indwara z’ibyorezo mu kigo cy’ubuzima RBC avuga ko n’ubwo ari indwara ishobora gufata abantu bose, ngo hari abo yibasira kuruta abandi.
hariho ibyiciro by’abantu bibasirwa na grippe kurusha abandi. Muri abo twavugamo nk’abana, umwana muto ishobora kumuviramo indwara y’amatwi, indwara y’umuhogo, umusongo ugasanga iramuzahaza. Abandi ni nk’abantu bakuru kimwe n’abagore batwite. Abo bose barasabwa kuyivuza neza.”
DSC00287
Dr Jose Nyamusore Umuyobozi ushinzwe ishami ryo kurwanya indwara z’ibyorezo mu kigo RBC
Mu mwaka wa 2009, ku mugabane w’africa hashyizweho ihuriro ry’ibihugu rigamije guhangana n’indwara y’ibicurane.
Iyi nama y’iminsi 3 yatangiye kuri uyu wa kabiri, itegerejwemo imyanzuro ifatika izanatanga umurongo wo gukoramo ubushakashatsi bw’uko ibicurane  bihagaze kuri uyu mugabane. Yitabiriwe n’impuguke mu by’ubuzima zisaga 150
 

No comments:

Post a Comment