Ubushakashatsi ku mibereho n’ubuzima bw’Abanyarwanda (DHS)
bwasohotse mu 2015 bwerekana ko hagati ya 10-15% by’ingo z’Abanyarwanda
zifite ikibazo cyo kubyara, bitewe n’impamvu zitandukanye zituruka ku
mugabo cyangwa ku mugore.
Dr Nzabonimpa Anicet avuga ko 32% mu bibuza abagore kubyara biterwa n’ibihe by’uburumbuke bwabo bitemerera intanga ngabo kwinjira (anovulation ou dysovulation). Nanone ngo 26% bishobora gukomoka ku bibazo byangije iyo myanya, nk’ibikomere byaturutse ku ndwara zifatira mu myanya ndangagitsina, kugira umura uzibye ndetse rimwe na rimwe hakazaho ibibyimba.
Ikindi gishobora kuba intandaro yo kutabyara ku mugore, ni inkurikizi mbi zishobora kubaho mu kuvanamo inda cyangwa kubyara ku bagore batisuzumisha inda hakiri kare (nta bufasha bwa muganga).
Izindi mpamvu ni ugusamira hanze ya nyababyeyi (grossesse extra-utérine) no kozwa nabi kw’iyo nyababyeyi mu gihe bikenewe (manœuvres intra-utérines comme le curettage, stérilet), nabyo ngo bigomba gukorwa n’uwabyize, kuko bishobora kuviramo umubyeyi kutabyara biramutse bidakozwe neza.
Gusa si izi mpamvu zonyine zishobora gutuma umugore atabyara, kuko ngo hari n’igihe umugore cyangwa umukobwa ashobora kugira umura na nyababyeyi bitameze neza (malformations congénitales des trompes et de l’utérus).
Muganga Dr Nzabonimpa Anicet avuga ko izindi mpamvu zirimo nko kugira intanga ngore zidahagije, kugira ibibyimba mu bice byibaruka, kubagwa nabi kwa muganga ( nubwo bitakibaho cyane ), gukomereka bimwe mu bice byavuzwe haruguru bigize urwungano myibarukiro no kugira akugara (tissu) gatwikira nyababyeyi bityo kakabuza intanga ngabo guhura n’intanga ngore kuko, umura uba ufunze.
Ubusanzwe ako kugara kavaho mu gihe umugore aba yagiye mu mihango. Ibi bivuze ko iyo ako kugara kaje ku buryo budateganyijwe kuri nyababyeyi kabangamira intanga ngabo ntishobore guhura n’intanga ngore mu gihe iba yarekuwe, bityo umugore agategereza gusama agaheba.
Source:Imvaho Nshya
![]() | |
Kubura urubyaro mu rugo bizana umwuka mubi |
Dr Nzabonimpa Anicet avuga ko 32% mu bibuza abagore kubyara biterwa n’ibihe by’uburumbuke bwabo bitemerera intanga ngabo kwinjira (anovulation ou dysovulation). Nanone ngo 26% bishobora gukomoka ku bibazo byangije iyo myanya, nk’ibikomere byaturutse ku ndwara zifatira mu myanya ndangagitsina, kugira umura uzibye ndetse rimwe na rimwe hakazaho ibibyimba.
Ikindi gishobora kuba intandaro yo kutabyara ku mugore, ni inkurikizi mbi zishobora kubaho mu kuvanamo inda cyangwa kubyara ku bagore batisuzumisha inda hakiri kare (nta bufasha bwa muganga).
Izindi mpamvu ni ugusamira hanze ya nyababyeyi (grossesse extra-utérine) no kozwa nabi kw’iyo nyababyeyi mu gihe bikenewe (manœuvres intra-utérines comme le curettage, stérilet), nabyo ngo bigomba gukorwa n’uwabyize, kuko bishobora kuviramo umubyeyi kutabyara biramutse bidakozwe neza.
Gusa si izi mpamvu zonyine zishobora gutuma umugore atabyara, kuko ngo hari n’igihe umugore cyangwa umukobwa ashobora kugira umura na nyababyeyi bitameze neza (malformations congénitales des trompes et de l’utérus).
Muganga Dr Nzabonimpa Anicet avuga ko izindi mpamvu zirimo nko kugira intanga ngore zidahagije, kugira ibibyimba mu bice byibaruka, kubagwa nabi kwa muganga ( nubwo bitakibaho cyane ), gukomereka bimwe mu bice byavuzwe haruguru bigize urwungano myibarukiro no kugira akugara (tissu) gatwikira nyababyeyi bityo kakabuza intanga ngabo guhura n’intanga ngore kuko, umura uba ufunze.
Ubusanzwe ako kugara kavaho mu gihe umugore aba yagiye mu mihango. Ibi bivuze ko iyo ako kugara kaje ku buryo budateganyijwe kuri nyababyeyi kabangamira intanga ngabo ntishobore guhura n’intanga ngore mu gihe iba yarekuwe, bityo umugore agategereza gusama agaheba.
Source:Imvaho Nshya
Le choix du type de chirurgie est une décision très difficile. Au début, je tenais absolument à sauver mon sein. Je ne voulais pas subir une mastectomie, et encore moins prononcer cet horrible mot. Comme j'avais un cancer depuis 3 ans et que le cancer était invasif, mon médecin a recommandé une mastectomie. Cependant, comme la tumeur avait diminué de taille après la chimiothérapie, mon médecin m'a permis de choisir une tumorectomie. Deux choses m'ont aidée à prendre la décision de subir une mastectomie. 1 - J'étais tellement malade à cause de la chimiothérapie que je ne voulais pas prendre le risque d'avoir à nouveau un cancer. 2 - J'ai rencontré plusieurs survivantes du cancer du sein qui ont suivi le traitement à base de plantes du Dr Itua, qui a éliminé toutes leurs tumeurs, et le cancer n'est pas revenu. En raison de mon âge et de mon désir d'avoir d'autres enfants, j'ai décidé de réduire mes risques de récidive en choisissant une mastectomie. J'ai donc décidé d'essayer le traitement à base de plantes du Dr Itua, que j'ai suivi pendant des semaines et aujourd'hui, j'ai quatre enfants, comme je l'ai toujours souhaité. Je suis très heureuse de ma décision aujourd'hui. Peu importe le type de cancer et le stade du cancer, il est préférable de discuter avec le Dr Itua oh oui vous pouvez lui envoyer un mail sur drituaherbalcenter@gmail.com il guérit la maladie suivante ainsi parkinson, als, ms, le diabète, le lupus, hpv, l'herpès, les boutons de fièvre, le vih / sida, les crampes menstruelles, la médecine de la grossesse, et d'autres maladies mortelles qu'ils tous libre d'effet secondaire.
ReplyDelete